HadeethEnc · 1.25.0
Nubwira mugenzi wawe uti: Ceceka, ku munsi wa Idjuma Imam ari gutanga inyigisho, uzaba ukinnye (mu iswala)
Available translations
Choose an available translation of this Hadeeth
01
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Nubwira mugenzi wawe uti: Ceceka, ku munsi wa Idjuma Imam ari gutanga inyigisho, uzaba ukinnye (mu iswala)."
02
Explanation
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko mu myifatire y'itegeko ikwiye kuranga umuntu ukurikiye inyigisho zo ku munsi wa gatanu (Idjuma) ari: Ugutega amatwi uri kuzitanga, kugira ngo uzitekerezeho, kandi ko uvuzemo kabone n'iyo byaba ijambo rimwe, Imam ari gutanga inyigisho akabwira mugenzi we ati: Ceceka cyangwa se akamubwira ati: kurikira inyigisho, uwo azaba ahombye ibyiza by'iyo swalat ya Idjuma.
03
Benefits
Kuvuga mu gihe cy'inyigisho zo ku munsi wa Idjuma ni ikizira, kabone n'iyi waba ubuza ikibi umuntu ari gukora, cyangwa se kwikiriza indamutso, cyangwa se kwifuriza impuhwe uwitsamuye.
Ariko ibi ntibireba uri kugira icyo abwira Imam cyangwa se Imam nawe ari kumubwira.
Biremwe kuvuga hagati y'ibice bibiri by'inyigisho zo ku munsi wa Idjuma ku bw'impamvu runaka.
Iyo Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuzwe hagati muri izi nyigisho, uyisabira amahoro n'imigisha mu ibanga, ni cyo kimwe no kuvuga Amina uri kwikiriza ubusabe.
Ariko ibi ntibireba uri kugira icyo abwira Imam cyangwa se Imam nawe ari kumubwira.
Biremwe kuvuga hagati y'ibice bibiri by'inyigisho zo ku munsi wa Idjuma ku bw'impamvu runaka.
Iyo Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuzwe hagati muri izi nyigisho, uyisabira amahoro n'imigisha mu ibanga, ni cyo kimwe no kuvuga Amina uri kwikiriza ubusabe.
Attribution
[Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim]
Categories
Share
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

