الرحمن
Ar-Rahman
The Beneficent
1 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 001
ٱلرَّحۡمَٰنُ
Nyirimpuhwe (Allah),
2 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 002
عَلَّمَ ٱلۡقُرۡءَانَ
Yigishije (umuntu) Qur’an,
3 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 003
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ
Yaremye umuntu,
4 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 004
عَلَّمَهُ ٱلۡبَيَانَ
Amwigisha gusobanura (mu buryo bwumvikana).
5 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 005
ٱلشَّمۡسُ وَٱلۡقَمَرُ بِحُسۡبَانٖ
Izuba n’ukwezi bigendera ku mubare (no kuri gahunda ya Allah).
6 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 006
وَٱلنَّجۡمُ وَٱلشَّجَرُ يَسۡجُدَانِ
N’ibyatsi birandaranda ndetse n’ibiti, byose birubama (bikicisha bugufi imbere ya Allah).
7 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 007
وَٱلسَّمَآءَ رَفَعَهَا وَوَضَعَ ٱلۡمِيزَانَ
N’ikirere yagihanitse hejuru cyane (y’isi) ndetse ashyiraho n’ibipimo (bya buri kintu)
8 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 008
أَلَّا تَطۡغَوۡاْ فِي ٱلۡمِيزَانِ
Kugira ngo mutarengera mu bipimo (byagenwe).
9 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 009
وَأَقِيمُواْ ٱلۡوَزۡنَ بِٱلۡقِسۡطِ وَلَا تُخۡسِرُواْ ٱلۡمِيزَانَ
Bityo, mujye mutanga ibipimo byuzuye kandi ntimukibishe iminzani.
10 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 010
وَٱلۡأَرۡضَ وَضَعَهَا لِلۡأَنَامِ
N’isi (Allah) yayishyiriyeho ibiremwa.
11 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 011
فِيهَا فَٰكِهَةٞ وَٱلنَّخۡلُ ذَاتُ ٱلۡأَكۡمَامِ
Irimo imbuto n’imitende ifite imbuto zitwikiriwe n’ibishishwa,
12 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 012
وَٱلۡحَبُّ ذُو ٱلۡعَصۡفِ وَٱلرَّيۡحَانُ
Ndetse n’impeke ziri mu bishishwa (byazo); iz’inyamisogwe n’izihumura.
13 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 013
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
14 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 014
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ مِن صَلۡصَٰلٖ كَٱلۡفَخَّارِ
(Allah) yaremye umuntu (Adamu) mu itaka ryumye ukomangaho rikirangira nk’ibikoresho bibumbye mu ibumba,
15 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 015
وَخَلَقَ ٱلۡجَآنَّ مِن مَّارِجٖ مِّن نَّارٖ
Anarema amajini mu birimi by’umuriro.
16 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 016
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
17 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 017
رَبُّ ٱلۡمَشۡرِقَيۡنِ وَرَبُّ ٱلۡمَغۡرِبَيۡنِ
(Ni We) Nyagasani w’Uburasirazuba bubiri akaba na Nyagasani w’Uburengerazuba bubiri.[1]
[1] Uburasirazuba bubiri buvugwa muri uyu murongo wa Qur’an, ni ahantu izuba rirasira mu itumba n’aho rirasira mu Mpeshyi. Naho Uburengerazuba bubiri ni ahantu izuba rirengera mu itumba ndetse n’aho rirengera mu Mpeshyi.
18 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 018
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
19 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 019
مَرَجَ ٱلۡبَحۡرَيۡنِ يَلۡتَقِيَانِ
Yaretse inyanja ebyiri (ifite amazi y’urubogobogo n’indi y’urwunyunyu) zirahura;
20 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 020
بَيۡنَهُمَا بَرۡزَخٞ لَّا يَبۡغِيَانِ
Hagati yazo hari urubibi zitarenga (ruzitandukanya kugira ngo zitivanga).
21 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 021
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
22 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 022
يَخۡرُجُ مِنۡهُمَا ٱللُّؤۡلُؤُ وَٱلۡمَرۡجَانُ
Muri zo havamo amasaro arabagirana (Lu-ulu-u) na Marijani.[1]
[1] Mar’jaani: Ni bumwe mu bwoko bw’amabuye y’agaciro aboneka mu mazi.
23 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 023
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
24 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 024
وَلَهُ ٱلۡجَوَارِ ٱلۡمُنشَـَٔاتُ فِي ٱلۡبَحۡرِ كَٱلۡأَعۡلَٰمِ
Kandi (Allah ni We) ufite ububasha ku mato manini agendera mu nyanja, ameze nk’imisozi.
25 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 025
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
26 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 026
كُلُّ مَنۡ عَلَيۡهَا فَانٖ
Buri ikiyiriho (isi) cyose kizapfa,
27 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 027
وَيَبۡقَىٰ وَجۡهُ رَبِّكَ ذُو ٱلۡجَلَٰلِ وَٱلۡإِكۡرَامِ
Maze hasigare gusa uburanga butagatifu bwa Nyagasani wawe, Nyirikuzo n’icyubahiro.
28 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 028
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
29 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 029
يَسۡـَٔلُهُۥ مَن فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِۚ كُلَّ يَوۡمٍ هُوَ فِي شَأۡنٖ
Buri cyaremwe cyose kiri mu birere no ku isi kiramusaba (ibyo cyifuza). Naho We buri munsi aba agena gahunda (z’ibiremwa).
30 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 030
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
31 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 031
سَنَفۡرُغُ لَكُمۡ أَيُّهَ ٱلثَّقَلَانِ
Yemwe matsinda abiri (y’abantu n’amajini), tuzabacira imanza (ku munsi w’imperuka).
32 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 032
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
33 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 033
يَٰمَعۡشَرَ ٱلۡجِنِّ وَٱلۡإِنسِ إِنِ ٱسۡتَطَعۡتُمۡ أَن تَنفُذُواْ مِنۡ أَقۡطَارِ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ فَٱنفُذُواْۚ لَا تَنفُذُونَ إِلَّا بِسُلۡطَٰنٖ
Yemwe majini namwe bantu! Niba mufite ubushobozi bwo kugenda mukarenga imbago z’ibirere n’isi (muhunga ibihano bya Allah), muzagende. Ariko ntimushobora kuzirenga keretse ku bw’ububasha (bwa Allah).
34 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 034
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
35 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 035
يُرۡسَلُ عَلَيۡكُمَا شُوَاظٞ مِّن نَّارٖ وَنُحَاسٞ فَلَا تَنتَصِرَانِ
Muzohererezwa ikibatsi cy’umuriro n’umuringa (washongeshejwe), kandi ntimuzitabara.
36 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 036
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
37 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 037
فَإِذَا ٱنشَقَّتِ ٱلسَّمَآءُ فَكَانَتۡ وَرۡدَةٗ كَٱلدِّهَانِ
(Mwibuke) ubwo ikirere kizasatagurika, maze kigahinduka nk’ururabo rutukura rumeze nk’amavuta yabize.
38 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 038
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
39 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 039
فَيَوۡمَئِذٖ لَّا يُسۡـَٔلُ عَن ذَنۢبِهِۦٓ إِنسٞ وَلَا جَآنّٞ
Kuri uwo munsi, nta muntu cyangwa ijini uzagira icyo abazwa ku bijyanye n’ibyaha bye (kuko bizaba bizwi neza)
40 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 040
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
41 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 041
يُعۡرَفُ ٱلۡمُجۡرِمُونَ بِسِيمَٰهُمۡ فَيُؤۡخَذُ بِٱلنَّوَٰصِي وَٱلۡأَقۡدَامِ
Inkozi z’ibibi zizamenyerwa ku bimenyetso byazo, kandi zizaterurwa zifatiwe mu bihorihori n’ibirenge byazo.
42 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 042
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
43 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 043
هَٰذِهِۦ جَهَنَّمُ ٱلَّتِي يُكَذِّبُ بِهَا ٱلۡمُجۡرِمُونَ
Uyu ni umuriro wa Jahanamu inkozi z’ibibi zajyaga zihinyura!
44 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 044
يَطُوفُونَ بَيۡنَهَا وَبَيۡنَ حَمِيمٍ ءَانٖ
Bazaba bagenda bagaruka hagati yawo n’amazi yatuye, ashyushye cyane.
45 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 045
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
46 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 046
وَلِمَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ جَنَّتَانِ
Ariko wa wundi utinya kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, azaba afite ubusitani bubiri (mu Ijuru).
47 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 047
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
48 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 048
ذَوَاتَآ أَفۡنَانٖ
(Ubwo busitani buzaba burimo ibiti) bifite amashami acucitse kandi atoshye.
49 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 049
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
50 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 050
فِيهِمَا عَيۡنَانِ تَجۡرِيَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo amasoko abiri atemba.
51 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 051
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
52 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 052
فِيهِمَا مِن كُلِّ فَٰكِهَةٖ زَوۡجَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo ubwoko bubiri bwa buri rubuto.
53 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 053
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
54 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 054
مُتَّكِـِٔينَ عَلَىٰ فُرُشِۭ بَطَآئِنُهَا مِنۡ إِسۡتَبۡرَقٖۚ وَجَنَى ٱلۡجَنَّتَيۡنِ دَانٖ
Bazaba begamye ku bitanda bishasheho ihariri iremereye, kandi imbuto zo muri ubwo busitani zizaba zibari hafi.
55 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 055
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
56 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 056
فِيهِنَّ قَٰصِرَٰتُ ٱلطَّرۡفِ لَمۡ يَطۡمِثۡهُنَّ إِنسٞ قَبۡلَهُمۡ وَلَا جَآنّٞ
(Ubwo busitani bwombi) buzaba burimo abagore bubika amaso yabo (kubera ikinyabupfura), batigeze bagira umuntu cyangwa ijini babakoraho kuva na mbere (bakiri amasugi).
57 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 057
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
58 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 058
كَأَنَّهُنَّ ٱلۡيَاقُوتُ وَٱلۡمَرۡجَانُ
(Bazaba bafite ubwiza) nk’ubw’amabuye y’agaciro ya Yaquut na[1] Marjani.
[1] Yaaquut: Ni bumwe mu bwoko bw’amabuye y’agaciro rifite ibara ritukura ryererutse.
59 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 059
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
60 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 060
هَلۡ جَزَآءُ ٱلۡإِحۡسَٰنِ إِلَّا ٱلۡإِحۡسَٰنُ
Ese hari igihembo cy’ibyiza kitari ibyiza?
61 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 061
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
62 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 062
وَمِن دُونِهِمَا جَنَّتَانِ
Kandi uretse n’ubwo (busitani) bubiri, hari ubundi busitani bubiri.
63 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 063
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
64 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 064
مُدۡهَآمَّتَانِ
(Bufite) ibara ry’icyatsi cyijimye.
65 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 065
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
66 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 066
فِيهِمَا عَيۡنَانِ نَضَّاخَتَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, (naho) hazaba harimo amasoko abiri avubura amazi.
67 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 067
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
68 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 068
فِيهِمَا فَٰكِهَةٞ وَنَخۡلٞ وَرُمَّانٞ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo imbuto, imitende n’imikomamanga.
69 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 069
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
70 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 070
فِيهِنَّ خَيۡرَٰتٌ حِسَانٞ
Hazaba harimo abagore beza b’imico myiza.
71 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 071
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
72 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 072
حُورٞ مَّقۡصُورَٰتٞ فِي ٱلۡخِيَامِ
Hazaba harimo abagore biyubashye bahora mu mahema.
73 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 073
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
74 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 074
لَمۡ يَطۡمِثۡهُنَّ إِنسٞ قَبۡلَهُمۡ وَلَا جَآنّٞ
Mbere y’abo (bagabo bazaba bahawe), nta muntu cyangwa ijini wigeze ubakoraho,
75 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 075
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
76 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 076
مُتَّكِـِٔينَ عَلَىٰ رَفۡرَفٍ خُضۡرٖ وَعَبۡقَرِيٍّ حِسَانٖ
(Abagabo babo) bazajya begama ku misego y’icyatsi, n’amagodora meza anepa atatse neza.
77 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 077
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
78 - Ar-Rahman (The Beneficent) - 078