HadeethEnc · 1.25.0
Umwe muri mwe natawaza, akambara amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ze, ajye asali azambaye, azihanagureho, nabishaka ntaziyambure cyeretse igihe afite ijanaba
Available translations
Choose an available translation of this Hadeeth
01
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Anas Ibun Malik (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Umwe muri mwe natawaza, akambara amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ze, ajye asali azambaye, azihanagureho, nabishaka ntaziyambure cyeretse igihe afite ijanaba.
02
Explanation
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yagaragaje ko umuyisilamu wambaye amasogisi akoze mu ruhu nyuma y'uko atawaje, hanyuma agacyenera kongera gutawaza, yemerewe kuzihanagura nabishaka, agasali azambaye mu gihe runaka, usibye igihe agize ijanaba imusaba kwiyuhagira, nibwo aziyambura.
03
Benefits
Ntibyemewe guhanagura ku masogisi akoze mu ruhu (Khofu), cyeretse igihe umuntu yazambaye afite isuku.
Igihe cyo guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ku muntu utari ku rugendo ni amanywa n'ijoro; naho uri ku rugendo ni iminsi itatu n'amajoro yayo.
Guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ni umwihariko ku muntu wagize umwanda muto ntabwo ari umukuru, naho umukuru ntibyemewe kuzihanagura, ahubwo azikuramo akiyuhagira umubiri wose akanakaraba ibirenge byombi.
Ni byiza gusali wambaye inkweto na Khofu n'ibindi nkabyo, mu rwego rwo kunyuranya n'abayahudi, igihe byari bisukuye, kandi bitabangamira abasali, cyangwa se atari mu misigiti irambuyemo amatapi, aho ntibyemewe.
Guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ni mu rwego rwo korohereza abayoboke b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha).
Igihe cyo guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ku muntu utari ku rugendo ni amanywa n'ijoro; naho uri ku rugendo ni iminsi itatu n'amajoro yayo.
Guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ni umwihariko ku muntu wagize umwanda muto ntabwo ari umukuru, naho umukuru ntibyemewe kuzihanagura, ahubwo azikuramo akiyuhagira umubiri wose akanakaraba ibirenge byombi.
Ni byiza gusali wambaye inkweto na Khofu n'ibindi nkabyo, mu rwego rwo kunyuranya n'abayahudi, igihe byari bisukuye, kandi bitabangamira abasali, cyangwa se atari mu misigiti irambuyemo amatapi, aho ntibyemewe.
Guhanagura amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) ni mu rwego rwo korohereza abayoboke b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha).
Attribution
[Yakiriwe na A-Daraqutw'niy]
Categories
Share
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

