Mujye mwitwararika gutinya Allah, no kumva ndetse no kumvira kabone n'iyo umugaragu ukomoka ahitwa Habashat yaba ariwe muyobozi wanyu. Kandi nyuma yanjye muzabona ukutavuga rumwe gukomeye, muzitwararika imigenzo yanjye n'imigenzo y'abasigire banjye bayobotse ndetse bakanayobora abandi
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Al Ir'baadw Ibun Sariyat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Umunsi umwe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yarahagurutse, iduha inyigisho zikora ku mutima, zatumye imitima ikangarana, amaso azengamo amarira, maze Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) barayibaza bati: Yewe Ntumwa y'Imana! Izi nyigisho uduhaye ko zimeze nk'izisezera? Gira inama utugira! Nuko iravuga iti: "Mujye mwitwararika gutinya Allah, no kumva ndetse no kumvira kabone n'iyo umugaragu ukomoka ahitwa Habashat yaba ariwe muyobozi wanyu. Kandi nyuma yanjye muzabona ukutavuga rumwe gukomeye, muzitwararika imigenzo yanjye n'imigenzo y'abasigire banjye bayobotse ndetse bakanayobora abandi, muzabifatishe ibijigo, kandi muzirinde ibyaduka mu idini, kubera ko buri cyaduka mu idini ari ubuyobe."
Explanation
Benefits
Kwibanda ku nyigisho zoroshya imitima.
Itegeko ryo kwitwararika imigenzo y'abasigire b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) bane bayobotse bakanayobora abandi ari bo: Abu Bakr, Umar, Uth'man na Ally (Imana ibishimire bose).
Kubuza kuzana mu idini ibyaduka, kandi ko buri cyaduka ari ubuyobe.
Kumva no kumvira umuyobozi w'abayisilamu igihe cyose atabategeka gukora ibyaha.
Agaciro ko gutinya Allah Nyir'ubutagatifu ibihe byose.
Kudahuza no kutavuga rumwe mu bayoboke b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) biriho bizanabaho, ariko igihe cyose bibayeho bakwiye kugaruka ku migenzo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ndetse n'iy'abasigire bayo.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

