Kandi njye ndi Dwimam Ibun Tha'alabat, umuvandimwe wa bene Saadi Ibun Bak'ri
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadithi yaturutse kwa Malik Ibun Anass (Imana imwishimire) yaravuze ati: Ubwo twari twicaranye n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) mu musigiti, umugabo umwe yarinjiye ari ku ngamiya maze arayururutsa arayizirika, arangije arababaza ati: Muhamadi muri mwe ni uwuhe? Icyo gihe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yari iri kumwe nabo yegamye mu musigiti, nuko turamubwira tuti: Ni uwo mugabo wera wegamye! Wa mugabo aramubwira ati: Yewe mwene Abdul Mutwalib? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramusubiza iti: Ndakwitabye! Wa mugabo abwira Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha ati: Ndashaka kukubaza kandi nkomeje, bityo ntumfate nabi! Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: Mbaza ibyo wumva ushatse. Wa mugabo arayibaza ati: Ndakubaza ku izina rya Nyagasani wawe akaba na Nyagasani w'abakubanjirije! Ese Allah niwe wagutumye ku bantu bose? Intumwa y'Imana iramusubiza iti: Yego niko bimeze! Arongera arayibaza ati: Ndakubaza kubera Imana, ese Allah niwe wagutegetse ko tugomba gusali iswala eshanu ku manywa na nijoro? Intumwa y'Imana iramusubiza iti: Yego niko bimeze! Arongera arayibaza ati: Ndakubaza kubera Allah, ese ni we wagutegetse ko tugomba gusiba ukwezi kumwe buri mwaka?Intumwa y'Imana iramusubiza iti: Yego niko bimeze! Wa mugabo arongera arayibaza ati: Ndashaka kukubaza kubera Allah, ese ni we wagutegetse ko tugomba gutanga amaturo akurwa mu bishoboye muri twe agasubira mu bacyene bacu? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: Yego niko bimeze! Wa mugabo aravuga ati: Nemeye ibyo wahishuriwe watuzaniye, kandi kuva ubu mbaye intumwa y'abandi bantu banjye basigaye tutazanye Kandi njye ndi Dwimam Ibun Tha'alabat, umuvandimwe wa bene Saadi Ibun Bak'ri.
Explanation
Benefits
Imico myiza yaranze Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), n'uburyo yorohaga ikanorohera abayibaza ibibazo, kandi ko no gusubiza neza ari bumwe mu buryo butuma abantu bemera ubutumwa.
Biremewe kurangira abantu umuntu ukoresheje ibara ry'umubiri we, cyangwa se uburebure n'ubugufi ndetse n'ibindi ariko utagamije kuvuga inenge ze, kandi nawe bikaba ntacyo bimutwaye.
Biremewe ko utari umuyisilamu yakinjira mu musigiti ku bw'impamvu.
Muri iyi Hadithi umutambagiro mutagatifu ntiwavuzwe, kubera ko wenda icyo gihe wari utaragirwa itegeko;
Uburyo abasangirangendo bari bashishikajwe no gukora ivugabutumwa no guhamagarira abantu kuriyoboka; kubera ko kuva akimara kuba umuyisilamu yahise ashaka kubuhamagarira abandi bo mu muryango we basigaye.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

