Uzaba afite abagore babiri akabogamira kuri umwe, ku munsi w'imperuka azaza uruhande rwe rumwe narwo rwarahengamye
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Uzaba afite abagore babiri akabogamira kuri umwe, ku munsi w'imperuka azaza uruhande rwe rumwe narwo rwarahengamye."
Explanation
Benefits
Kuringaniza hagati yabo ndetse n'ibindi mu byo umuntu ashoboye, naho mu byo adashoboye nko mu kubakunda, no kuba umutima wakunda umwe muri bo, ibi ntabwo ari byo bivugwa muri Hadith, ndetse ni nabyo byavuzwe muri iyi mvugo ya Allah igira iti: {Nta n’ubwo muzigera mushobora kugira uburinganire (mu rukundo) hagati y’abagore kabone n’ubwo mwakwitwararika...} [Surat A-Nisa'i: 129].
Ineza yiturwa indi, kubera ko umugabo ku isi yabogamiye kuri umwe mu bagore be, niyo mpamvu ku munsi w'imperuka nawe azazurwa ahengamye uruhande rumwe.
Kugaragaza ubuhambare bw'uburenganzira bw'abagaragu, kandi ko hatajya habamo kubabarira, kuko bwubakiye ku kwikubira.
Gushishikariza gutunga umugore umwe igihe umugabo atinya kutazabaringaniza hagati yabo, kugira ngo atazagira ukudohoka mu kubahiriza amategeko y'idini; Allah Nyir'ubutagatifu aragira ati: {Nimutinya kuba mutabaringaniza hagati yabo, muzarongore umwe...} [Surat A-Nisa'i: 3]
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

