Mu by'ukuri uburenganzira bwa Allah ku bagaragu be nuko bagomba kumugaragira wenyine batamubangikanyije n'icyo ari cyo cyose, naho uburenganzira bw'abagaragu kwa Allah nuko atazigera ahana utaramubangikanyije n'icyo ari cyo cyose
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadithi yaturutse kwa Muadh (Imana imwishimire) yaravuze ati: Igihe kimwe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yampetse ku ndogobe bitaga Ufayr, nuko irambaza iti: Yewe Muadh! Waba uzi uburenganzira Allah afite ku bagaragu be, n'ubwo abagaragu be bamufite ho? Ndayisubiza nti: Allah n'Intumwa ye nibo babizi! Nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: Mu by'ukuri uburenganzira bwa Allah ku bagaragu be nuko bagomba kumugaragira wenyine batamubangikanyije n'icyo ari cyo cyose, naho uburenganzira bw'abagaragu kwa Allah nuko atazigera ahana utaramubangikanyije n'icyo ari cyo cyose" Nuko ndayibaza nti: Yewe Ntumwa y'Imana! Ese sinabibwira abantu? Intumwa iramusubiza iti: Oya! Wibibabwira batavaho bakirara!"
Explanation
Benefits
Kugaragaza uburenganzira bw'abagaragu bafite kuri Nyagasani we yiyemeje ubwe ku bw'ingabire ze n'ubuntu bwe, ari bwo bw'uko azabinjiza mu ijuru atazabahana.
Iyi Hadithi iragaragaza inkuru nziza y'abatarabangikanyije Imana ko iherezo ryabo ari ukuzabinjiza mu ijuru.
Muadh mbere yo gupfa kwe, yabwiye abantu iyi Hadithi atinya kuzabarwa nk'uwahishe ubumenyi.
Icyitonderwa: Kutabwira bamwe mu bantu zimwe muri Hadith z'Intumwa y'Imana, kubera gutinya ko hari abantu batahita basobanukirwa ibisobanuro byazo, gusa izo Hadith bitari ngombwa ko zibwira abantu bose ni izidafite itegeko zitegeka gukora, cyangwa hari icyo zibuza gukora cyangwa se atari izigaragaza ibihano byagenwe n'amategeko y'idini ry'ubuyisilamu.
Abanyabyaha mu bemeramana bazagengwa n'ubushake bwa Allah, nashaka azabahana, nanabishaka azabababarira, hanyuma iherezo ryabo rizabe mu ijuru.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

