HadeethEnc · 1.25.0
Allah ntazigera areba umugabo wagiranye imibonano n'umugabo mugenzi we cyangwa se akayigirana n'umugore mu kibuno
Available translations
Choose an available translation of this Hadeeth
01
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Ibun Abas (Imana imwishimire we na se) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Allah ntazigera areba umugabo wagiranye imibonano n'umugabo mugenzi we cyangwa se akayigirana n'umugore mu kibuno."
02
Explanation
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ibihano bihambaye by'uko Allah atazigera arebesha impuhwe umugabo ugirana imibonano n'umugabo mugenzi we mu kibuno cyangwa se umugore mu kibuno, kandi ko ari kimwe mu byaha bikuru.
03
Benefits
Umugabo ugirana imibonano n'umugabo mugenzi we -gutingana- ni kimwe mu byaha bikuru.
Kugirana imibonano n'umugore mu kibuno ni kimwe mu byaha bikuru.
(Allah ntazigera amureba) ni ukuvuga indoro y'impuhwe no kumworohera, ntabwo ikigamijwe ari indoro ya rusange, kubera ko Allah Nyir'ubutagatifu nta na kimwe ayoberwa ngo kimwisobe.
Ibi bikorwa ni bimwe mu bikorwa by'urukozasoni kandi bihambaye ku kiremwamuntu, kuko bihabanye na kamere ya kimuntu, no kugabanya urubyayo, ndetse no kwangiza ubuzima bwo kubana hagati y'abashakanye, no kubiba urwango n'ubushyamirane, no gukora imibonano mu myanya ivamo umwanda.
Kugirana imibonano n'umugore mu kibuno ni kimwe mu byaha bikuru.
(Allah ntazigera amureba) ni ukuvuga indoro y'impuhwe no kumworohera, ntabwo ikigamijwe ari indoro ya rusange, kubera ko Allah Nyir'ubutagatifu nta na kimwe ayoberwa ngo kimwisobe.
Ibi bikorwa ni bimwe mu bikorwa by'urukozasoni kandi bihambaye ku kiremwamuntu, kuko bihabanye na kamere ya kimuntu, no kugabanya urubyayo, ndetse no kwangiza ubuzima bwo kubana hagati y'abashakanye, no kubiba urwango n'ubushyamirane, no gukora imibonano mu myanya ivamo umwanda.
Attribution
[رواه الترمذي والنسائي في الكبرى]
Categories
Share
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

