Umwemeramana w'umunyembaraga niwe mwiza kandi akunzwe na Allah kuruta umwemeramana w'umunyantege ncye, ariko bombi ni beza
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Umwemeramana w'umunyembaraga niwe mwiza kandi akunzwe na Allah kuruta umwemeramana w'umunyantege ncye, ariko bombi ni beza ; haranira gukora ibigufitiye akamaro, kandi ujye usaba Allah ubufasha cyane ntugacike intege. Kandi nihagira ikikubaho ntuzavuge uti: Iyo nza kubikora byari kugenda uku n'uku, ahubwo ujye uvuga uti: Ibi ni igeno rya Allah, kandi ibyo ashatse nibyo biba, kubera ko iryo ijambo (Iyo) ni intangiriro y'ibikorwa bya Shitani."
Explanation
Benefits
Ni byiza kurangwa n'imbaraga mu bikorwa, kuko bigira umumaro utabona mu kurangwa n'intege nke.
Umuntu aba akwiye guharanira gukora ibimufitiye akamaro, akareka ibitamufitiye akamaro.
Umwemeramana akwiye gusaba inkunga Allah muri gahunda ze zose, ntiyirare ngo yumve ko yihagije.
Gushimangira igeno rya Allah, kandi ko bitabuza umuntu gukora impamvu no guharanira gushaka ibyiza.
Kubuza gukoresha ijambo (Iyo) umuntu agamije kwicuza ku byo yakoze cyangwa se byamubayeho igihe cy'ibigeragezo, no kubuza guhinyura igeno rya Allah.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

