Kwemera umwaku ni ibangikanyamana, kwemera umwaku ni ibangikanyamana, kwemera umwaku ni ibangikanyamana (inshuro eshatu), kandi nta n'umwe muri twe usibye ko hari ubwo abitekereza, ariko Allah Nyir'ubutagatifu abikuzaho kumwiringira (A-Tawakul)
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abdullah Ibun Mas'ud (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Kwemera umwaku ni ibangikanyamana, kwemera umwaku ni ibangikanyamana, kwemera umwaku ni ibangikanyamana (inshuro eshatu), kandi nta n'umwe muri twe usibye ko hari ubwo abitekereza, ariko Allah Nyir'ubutagatifu abikuzaho kumwiringira (A-Tawakul)."
Explanation
Ibun Mas'ud (Imana imwishimire) kandi yavuze ko bishoboka ko mu mutima w'umuyisilamu hashobora kuzamo ikintu nk'icyo cyo kwemera umwaku, ariko aba agomba kugikuzaho kwiringira Allah wenyine, no gukora impamvu z'ibikorwa.
Benefits
Agaciro ko gusubiramo kenshi ubutumwa bw'ingenzi ushaka ko abantu bumva, kugira ngo babuzirikane kandi bugere mu mitima yabo.
Kwemera umwaku bikurwaho no kwiringira Allah Nyir'ubutagatifu.
Itegeko ryo kwiringira Allah wenyine no kuba ariwe imitima irangamira.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

