“Ntimuzigera mwinjira mu ijuru mutabanje kwemera, kandi ntimuzigera mwemera mutabanje gukundana! Ese mbabwire icyo mwakora kugira ngo mukundane? Mujye musakaza indamutso y’amahoro hagati yanyu.”
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: “Ntimuzigera mwinjira mu ijuru mutabanje kwemera, kandi ntimuzigera mwemera mutabanje gukundana! Ese mbabwire icyo mwakora kugira ngo mukundane? Mujye musakaza indamutso y’amahoro hagati yanyu.”
Explanation
Benefits
Mu bigaragaza ukwemera kwuzuye ni ukuba umuyisilamu yakifuriza umuvandimwe we nk'ibyo yiyifuriza.
Ni byiza gukwiza indamutso y'amahoro no kuyikwiza mu bayisilamu, kubera ko hakubiyemo gukwiza urukundo n'amahoro hagati y'abantu.
Indamutso y'amahoro nta wundi ihabwa uretse umuyisilamu; kubera ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Hagati yanyu."
Guhana indamutso y'amahoro bikuraho umwiryane, no kwangana, ndetse n'amakimbirane.
Agaciro k'urukundo hagati y'abayisilamu kandi ko ari kimwe mu bituma ukwemera kuzura.
Byavuzwe mu yindi Hadith ko uburyo bwuzuye indamutso y'amahoro ivugwamo ari ukuvuga uti : 'A-SALAMU ALAYKUM WA RAHMATULLAHI WA BARAKATUHU: Amahoro ya Allah n'impuhwe ze ndetse n'imigisha ye bibabeho', ariko kuba wavuga ngo: A-SALAM ALAYKUM birahagije.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

