HadeethEnc · 1.25.0
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yajyaga isali yatandukanyaga hagati y'amaboko yayo kugeza ubwo urebye mu kwaha kwayo
Available translations
Choose an available translation of this Hadeeth
01
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abdillah Ibun Malik Ibun Buhaynat (Imana imwishimire) yavuze ko: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yajyaga isali yatandukanyaga hagati y'amaboko yayo kugeza ubwo urebye mu kwaha kwayo.
02
Explanation
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yabaga yubamye yatandukanyaga amaboko yayo, akamera nk'amababa abiri, kugeza ubwo wabona mu kwaha kwayo; Ibi ni ugutandukanya amaboko mu buryo burenze.
03
Benefits
Ni byiza kubama muri ubu buryo, utandukanya hagati y'amaboko abiri.
Ariko umuntu uyobowe mu iswalat ku buryo byabangamira umuntu umuri iruhande, we ntabwo abitegetswe.
Gutandukanya amaboko igihe umuntu yubamye bifite inyigisho n'impamvu nyinshi; zimwe muri zo: Ni ukugaragaza umwete n'umurava mu iswalat, kandi ko nta rugingo rusigara rutagize uruhare mu gusali. Byanavuzwe ko impamvu yabyo ari kimwe no kwibombarika mu iswalat, ni nabwo buryo bwonyine bushoboza kubama umuntu ashyize agahanga n'izuru rye ku butaka. Ikindi nanone ni ukugira ngo buri rugingo rw'umubiri rutandukane n'izindi.
Ariko umuntu uyobowe mu iswalat ku buryo byabangamira umuntu umuri iruhande, we ntabwo abitegetswe.
Gutandukanya amaboko igihe umuntu yubamye bifite inyigisho n'impamvu nyinshi; zimwe muri zo: Ni ukugaragaza umwete n'umurava mu iswalat, kandi ko nta rugingo rusigara rutagize uruhare mu gusali. Byanavuzwe ko impamvu yabyo ari kimwe no kwibombarika mu iswalat, ni nabwo buryo bwonyine bushoboza kubama umuntu ashyize agahanga n'izuru rye ku butaka. Ikindi nanone ni ukugira ngo buri rugingo rw'umubiri rutandukane n'izindi.
Attribution
[Yemeranyijweho na Bukhari na Muslim]
Categories
Share
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

