Umurongo mwiza mu iswalat ku bagabo ni uwubanza, n'umubi ni uw'inyuma; n'umurongo mwiza ku bagore ni uw'inyuma, n'umubi ni uw'imbere
Choose an available translation of this Hadeeth
Hadeeth text
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Umurongo mwiza mu iswalat ku bagabo ni uwubanza, n'umubi ni uw'inyuma; n'umurongo mwiza ku bagore ni uw'inyuma, n'umubi ni uw'imbere."
Explanation
Benefits
Biremewe ko abagore basalira mu musigiti hamwe n'abagabo ariko bakaba bari ku mirongo yabo, gusa bakihishira kandi bakaniyubaha.
Abagore iyo bahuriye hamwe mu musigiti, bahagarara ku mirongo nk'abagabo ntibatandukane, ahubwo baba bagomba kwegerana ku mirongo no kuziba ibyuho, nkuko bigenda ku mirongo y'abagabo.
Kugaragaza uburyo amategeko yitaye ku gushishikariza abagore kwitandukanya n'abagabo mu bihe by'amasengesho.
Abantu bararutanwa kubera ibikorwa byabo.
Imam A-Nawawiy yaravuze ati: Naho imirongo y'abagabo ni mu buryo bwa rusange, umwiza ni uwubanza ku buryo buhoraho n'umubi ni uw'inyuma ku buryo buhoraho. Naho imirongo y'abagore hagamijwe kuvugwa abagore bakorana iswalat n'abagabo. Ariko iyo bakoze iswala ari bonyine batari kumwe n'abagabo baba bameze nk'abagabo; umurongo mwiza uba ari uwubanza n'umubi uba ari uwa nyuma.
Imam A-Nawawiy yaravuze ati: Umurongo ubanza niwo mwiza wavuzwe mu ma Hadith atandukanye kubera ibyiza byawo no kuwushishikariza uwuriho abona ibyo byiza yaba yaje mbere cyangwa se yaje nyuma.
Attribution
Categories
Share hadeeth
Sharing options · 0 Total shares

